Daily Archives: septembre 12, 2017

Imyigaragambyo y’URWUNGE kuwa 26 Nzeli 2017 i Bruseli

URWUNGE RW’AMASHYAKA, AMASHYIRAHAMWE N’ABAHARANIRA

IMPINDUKA YA DEMOKARASI MU RWANDA

urwunge@gmx.com 

 

IMYIGARAGAMBYO ITUMIWE KUWA 26 NZELI 2017 I BRUSELI

Banyarwandakazi,

Banyarwanda,

Nk’uko byagenwe n’inama yabereye i Buruseli mu Bubiligi kuwa gatandatu taliki 09 Nzeli yahuje amashyaka ya politiki n’amashyirahamwe ya Société Civile ikanashyiraho urwego ruhoraho bazahurizamo imbaraga zo guharanira impinduka za demokarasi mu Rwanda, urwo rwego ikarwita Urwunge rw’Amashyaka, Amashyirahamwe n’abaharanira impinduka ya demokarasi mu Rwanda – URWUNGE;

Hashingiwe ku cyemezo cyafashwe n’urwo rwego rumaze gushyirwaho cyo gukora ibikorwa byihuse byo gutabariza abanyarwanda Leta y’u Rwanda ili gutoteza ku buryo bw’indengakamere kuva aho yiyimitse mu ikinamico ry’amatora adashingiye ku mategeko;

Urwunge rw’Amashyaka, Amashyirahamwe n’abaharanira impinduka ya demokarasi mu Rwanda – URWUNGE, rubararikiye kuza kwifatanya n’Amashyaka ya politiki ndetse n’Amashyirahamwe ya Société Civile aruhuriyemo mu MYIGARAGAMBYO IKOMEYE izaba taliki ya 26 Nzeli 2017 i Buruseli mu Bubiligi Place Schuman, imbere y’icyicaro cy’Umuryango w’Ubumwe bw’U Burayi (Union Européenne-European Union) guhera saa sita (12h), isaha ya Buruseli. 

Icyo tuzaba tugamije ni:

  1. Ukwereka amahanga n’imiryango mpuzamahanga ko u Rwanda ruyobowe n’ubutegetsi butemewe n’amategeko kandi butizewe n’abanyarwanda.

  2. Gusaba ko Leta y’u Rwanda irekura abanyapolitiki yafashe muli uku kwezi kwa Nzeli 2017 balimo Madamazera Diane Shima Rwigara, Théophile Ntirutwa na bagenzi be bo muli FDU na PDP Imanzi.

  3. Kwibutsa ko hali abanyarwanda bandi bamaze imyaka myinshi muli gereza bazira gusa ibitekerezo byabo bya politiki (Madame Ingabire Victoire, Déogratias Mushayidi, n’abandi) no gusaba ko barekurwa.

Ntidushidikanya ko muzayitabira mwese kuko akababaro kabo kareba buli wese.

Simpunga Aloys

Tél: +32 493 214268

Matata Joseph

Tél: +32 476 701569

Création du RASSEMBLEMENT des partis politiques, des associations et des acteurs du changement démocratique au Rwanda

Cadre de Concertation de la Société Civile Rwandaise

CCSCR

Inama Mpuzabikorwa ya Sosiyete Sivili Nyarwanda

Lutselusplein, 21/31 – 3590 Diepenbeek België

Tél. : +32 493 21 42 68 – +32 474 60 17 12

ccscr.cadredeconcertation@gmail.com

CREATION DU RASSEMBLEMENT

NAISSANCE DU RASSEMBLEMENT DES PARTIS POLITIQUES, DES ASSOCIATIONS ET DES ACTEURS DU CHANGEMENT DÉMOCRATIQUE AU RWANDA

En date du samedi 09 Septembre 2017 et à l’invitation du Cadre de Concertation de la Société Civile Rwandaise (CCSCR en sigle), il s’est tenu, à Bruxelles en Belgique, une réunion à laquelle étaient conviés les partis politiques œuvrant pour les changements démocratiques au Rwanda et les associations rwandaises de la Société Civile.

L’un des objets de cette réunion était, notamment, l’étude de mise sur pied d’un organe permanent au sein duquel tous les partis politiques rwandais œuvrant pour les changements démocratiques et les associations de la Société Civile joindraient leurs efforts dans le processus pacifique de ramener le Rwanda vers une démocratie vraie et authentique.

C’est pourquoi,

En ce jour du samedi neuf septembre de l’an deux mille dix-sept, déclarons solennellement la création du “RASSEMBLEMENT DES PARTIS POLITIQUES, DES ASSOCIATIONS ET DES AUTRES ACTEURS OEUVRANT POUR LE CHANGEMENT DÉMOCRATIQUE AU RWANDA”, en sigle: “LE RASSEMBLEMENT”.

Un comité exécutif provisoire du RASSEMBLEMENT a été mis en place.

Fait à Bruxelles, le 09 septembre 2017

Simpunga Aloys

Président du CCSCR

Tél: +32 493 214268

Ivuka ry’URWUNGE rw’amashyaka, amashyirahamwe n’abaharanira impinduka ya demokarasi mu Rwanda

Cadre de Concertation de la Société Civile Rwandaise

CCSCR

Inama Mpuzabikorwa ya Sosiyete Sivili Nyarwanda

Lutselusplein, 21/31 – 3590 Diepenbeek België

Tél. : +32 493 21 42 68 – +32 474 60 17 12

ccscr.cadredeconcertation@gmail.com

ITANGAZO RIGENEWE ABANYAMAKURU

GUTANGAZA IVUKA RY’URWUNGE RW’AMASHYAKA, AMASHYIRAHAMWE N’ABAHARANIRA IMPINDUKA YA DEMOKARASI MU RWANDA: URWUNGE

Kuwa gatandatu taliki ya 09 Nzeli 2017, i Buruseli mu Bubiligi, hateraniye inama yahuje Amashyaka ya politiki aharanira impinduka za demokarasi mu Rwanda n’amashyirahamwe Nyarwanda ya Sosiye Sivili. Iyo nama yateranye ku butumire bw’Inama Mpuzabikorwa ya Sosiyete Sivili Nyarwanda (CCSCR mu magambo ahinnye y’igifaransa).

Imwe mu mpamvu iyo nama yatumijwe halimo kwiga uburyo bwo gushyiraho urwego ruhoraho Amashyaka ya politiki aharanira impinduka za demokarasi mu Rwanda n’amashyirahamwe Nyarwanda ya Sosiye Sivili byajya bihuriramo bigafatanya imilimo yo kuzageza u Rwanda KULI DEMOKARASI NYAYO BINYUZE MU NZIRA Y’AMAHORO. 

Kuli uyu wa gatandatu taliki cyenda Nzeli y’umwaka w’ibihumbi bibili na cumi na kalindwi, hatangajwe ivuka ry’URWUNGE RW’AMASHYAKA, AMASHYIRAHAMWE N’ABAHARANIRA IMPINDUKA YA DEMOKARASI MU RWANDA” ruzajya rwitwa mw’ijambo rimwe “URWUNGE”.

Hashyizweho kandi Komite Nyobozi y’agateganyo y’URWUNGE.

Bikorewe i Buruseli, kuwa 09 Nzeli 2017

Simpunga Aloys

Prezida w’ibiro mpuzabikorwa bya CCSCR

Tél: +32493 214268